RFL
Kigali

Menya byinshi ku ndwara ya “Fibrocystic Breast Disease” itera benshi kwikanga kanseri

Yanditswe na: Muramira Racheal
Taliki:1/05/2024 16:16
0


Fibrocystic Breast Diseases ni indwara ifata amabere agahura n'ububabare, hakumvikanamo utuntu dusa n’utubuye cyangwa, ibere rigasa n’iryahuye n’ubushye bigasiga uburibwe bwinshi mu mubiri.



Iyi ndwara iyo igeze mu mabere bamwe batangira kuyabyiringira, bakumva imbere hokera,  bakumva bayashima cyane cyane ku gice cyegereye imoko.

Ibi birasanzwe ku bagore benshi bitewe n’impamvu zitandukanye kuba bakumva amabere yabo atameze neza cyangwa bakumva bayabyiringira. Bamwe bahura nabyo igihe cy’imihango cyegereje.

Abantu benshi bakunze kwikanga kanseri iyo bumvise amabere yabo atameze neza abarya cyangwa yakomeye, cyangwa se yatutubikanye ku buryo bagira umuriro muri bo.

Uwafashwe n’iyi ndwara,, agaragaza ibimenyetso birimo kubyimba amabere, uburibwe mu mabere, kuremera kwayo, gusesa ibimeze nk’ibiheri ku mabere cyangwa imoko igasa n’itobotse ikazamo akobo, kumera nk’ugize ubushye ku mabere inyuma n'ibindi.

Ibi bimenyetso bishobora no kugira ingaruka ku bindi bice by’umubiri nko kubura imbaraga kwawo n’izindi ngaruka. Ubu burwayi umugore cyangwa umukobwa ashobora kuburwara ukwezi ariko nyuma y’ukwezi biba bigaragaza ko ubuzima bw’amabere ye buri mu bibazo.

Bamwe batangira bumva baribwa agace kamwe, nyuma bakumva ibere ryose rigenda rikwira uburibwe. Ibi bishobora kuba ku mabere abiri icyarimwe cyangwa rimwe.

Uku kuribwa cyangwa kumva impinduka mu mabere bikunze guterwa n’imisemburo ikorwa n’intanga ngore, ikorwa ryayo rikaba ryatera ibyo bibazo bituma bamwe batangira kwibaza niba amabere yabo yaba atagiye kurwara kanseri.

Nk'uko bitangazwa, ibi bimenyetso by’iyi ndwara cyangwa guhura nayo bishobora kuba ku bafite imyaka 20 kugeza ku myaka 50 kandi birasanzwe birakira, gusa bisaba gupimwa na muganga kugirango arebe ko atari ibimenyetso bya kanseri yafata ibere.

Bamwe bakoresha ibinini bibarinda gusama cyangwa ababoneza imbyaro, bashobora guhura na bimwe muri ibi bimenyetso, cyangwa abagore bageze mu myaka yo gucura.

Nubwo bimeze bityo, abakora muri U.S Preventive Servise Task Force batangaza ko, abagore bari mu myaka 50 kugeza kuri 74 bakwiye kwirinda kumara imyaka ibiri nta bizamini by’amabere bafata babaza uko bahagaze.

Abagore n’abakobwa bagirwa inama yo guhitamo buri gihe imyenda ifashe amabere ikozwe mu mwenda udatera uburibwe amabere ndetse bakirinda kuyahambira cyane. Bagirwa inama yo kurya indyo yuzuye, kuko iyi ndwara ishobora kuza nk’ikimenyetso cy’imirire mibi.

Ni ryari wakwihutira kureba muganga?

Igihe cyose ibere ryawe rigaragaza ibimenyetso bidasanzwe birimo kubyimba cyangwa gucukuka kw'imoko, guhindura ibara kwayo bidasanzwe, kumva utuntu tumeze nk’utubyimba cyangwa utubuye imbere, kurega imitsi ku mabere n’ibindi.


Mu gihe abaganga bamwe na bamwe bavuga ko ibitera ubu burwayi cyangwa izi mpinduka mu mabere, zishobora kudahita zimenyekana rimwe na rimwe, uwabonye ibi bimenyetso  asabwa kubifatirana.

Source: Healthline

 





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND