RFL
Kigali

Uko imbwa yatabaye umubyeyi wa Chriss Eazy agiye guhohoterwa

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:9/05/2024 11:03
0


Chriss Eazy uri mu bahanzi bari mu bihe byiza yavuze ku nkuru y’uburyo yisanze akunda imbwa by'akataraboneka bishingiye ku buryo yatabayemo umubyeyi we.



Niba ukurikiranira hafi imyidagaduro nyarwanda nta kuntu waba utazi indirimbo Inana iri mu zifite igisobanuro gikomeye mu buzima bwa Chriss Eazy.

Iyi ndirimbo niba uyikunda ubihuje n’umubyeyi [Mama we] wamwibarutse asigaranye kuko Se yatabarutse ibyo akaba yabitangaje muri Chriss Eazy Streaks.

Ubwo yaganiraga n’umuhungu we Chriss Eazy yamusabye ko yagaruka ku nkuru y’uburyo imbwa yamukijije uyu muhanzi yitsa ku mpamvu akunda imbwa by'akataraboneka.

Uyu mubyeyi yagarutse ku bihe by’ubuto bwe avuga ko Nyirakuru wa Chriss Eazy yari umucuruzi muri iyo myaka na Sekuru akaba yarubakishaga amazu.

Muri ibyo bihe Mama wa Chriss Eazy nk’imfura ni we witaga ku bavandimwe bandi iyo ababyeyi babaga badahari.

Uyu mubyeyi avuga ku nkuru y'ibyamubayeho umunsi umwe bari badahari.

Avuga ko bari batuye Kabusunzu yasigaye mu rugo hakaba umugabo wazaga iwabo kuhafatira amafunguro.

Acunga ababyeyi bagiye aramuhamagara amusaba ko yagenda akagura Fanta ebyiri, azizanye ngo uyu mugabo yamusabye ko bakwicarana bagasangira.

Mama Chriss Eazy abyanze agiye gusohoka umugabo aramukurura ashaka kumufungirana.

Imbwa yari ihari yitwaga Byihorere ihita ibibona ko ishyamba atari ryeru irasimbuka iba icakiye wa mugabo iramurya imuciraho imyenda umubyeyi arusimbuka atyo.

Iy’inkuru ikaba ariyo shingiro ryo kuba Chriss Eazy akunda imbwa anayitunze kuko urumva iyo itahaba uyu mubyeyi ibyari bigiye kumubaho byari agahoma munwa.Umubyeyi wa Chriss Eazy yavuze ku nkuru y'ibyamubayeho byabaye isoko yo gukunda imbwa ku muhungu weInana niyo ndirimbo umubyeyi wa Chriss Eazy akunda mu zo umuhungu we amaze gukoraChriss Eazy yemereye umubyeyi we ko azamusohokana  bakiyibutsa ibihe bya kera 

 





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND