RFL
Kigali

Urugendo rwa Iliza Noella rwamugejeje ku gukorana n’ibyamamare nka Turahirwa Moses na Christopher-VIDEO

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:7/05/2024 12:26
0


Umubyinnyi w’indirimbo gakondo wiyeguriye imideli akanaba umwe mu bakobwa bagezweho bagaragara mu ndirimbo, Iliza Noella yavuze uburyo ahuza ibi byose.



Iliza Noella avuga ko ubuzima bwe bwaranzwe no gukunda umuziki aho kuva ku myaka 6 yatangiye kwitoza kubyina gakondo.

Ibi byatewe no kuba bari baturanye n’ahantu hakorera itorero aza kwisanga yishimira cyane umurishyo w’ingoma n’ibindi.

Ati: ”Najyaga nkunda kumva ingoma zivuga, nkumva sinzi ukuntu mbaye mu mutima wanjye, nkumva ni byiza nyine, nakundaga kujyayo cyane birangira nanjye mbyinnye.”

Ku bijyanye n'uko yisanze ari mu ba ‘video vixen’, yavuze ko yagiye kubona akabona umuhanzi aramwandikiye kuri instagram amusaba ko bakorana, bucyeye undi na we bigenda uko.

Yavuze uko ababyeyi be babyakiriye, ati: ”Nkibitangira, ntabwo babyumvaga neza, babaga bibaza ibyo bintu bimeze gute, bafite amatsiko.”

Agaragaza ko nyuma yo kureba uko yitwaye, ababyeyi be bahise bumva ibyo akora. Yavuze ko yahisemo aka kazi kuko akunda umuziki no kubona abantu bishimira ibyo akora.

Kugeza ubu avuga ko umuziki ukomeje kuzamuka kubera uburyo imbuga nkoranyambaga zikomeza kuwusunika umunsi ku wundi.

Ageze kuri Christopher baheruka gukorana, yagize ati: ”Umuntu uba warakuze rero umwumva umufana umwiyumvamo, iyo muhuye hari uko bigenda, wumva ubwoba ariko na none ukanishima.”

Agaragaza ko Christopher ari umuntu ucisha macye, utega amatwi abo bakorana kandi wumva abo bakorana.

Mu mideli, yavuze ko kuva cyera yabonaga umwambaro agatangira gutekereza uko wagakwiriye kwambarwa.

Yaje kubyinjiramo kubera urukundo yari abifitiye akorana n’inzu zitandukanye zireberera inyungu z’abanyamideli, yitsa kuri Turahirwa Moses wo muri Moshions.

Ati: ”Yisanga ku bantu cyane, twasangiye n’umuceri ahubwo.”

Aha ni ho yahereye avuga ko ibyo abantu babona mu isi y'ikoranabuhanga biba bitandukanye n’ukuri ku byo abantu bakora.

KANDA HANO UREBE IKIGANIRO CYOSE TWAGIRANYE NA ILIZA NOELLA


Iliza Noella ari mu babyinnyi gakondo batangiye kubikora bakiri bato ndetse yifuza kugera kure Yishimira uburyo abantu bakira uko yigaragaza mu mashusho y'indirimbo zitandukanye yaba "Ndagutinya" ya Li John na Pamaa na "Vole" ya ChristopherIbyo akora abifatanya no kumurika imideli akitabazwa n'inzu zicuruza imyambaro n'ibindi






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND